IBIKORWA BY’INGABO MU ITERAMBERE RY’ABATURAGE BIRAKEMURA BYINSHI


MWEREKANDE Richard wo mu mudugudu wa kibirezi wubakiwe yashimye cyane ibi bikorwa akorewe hamwe n’abandi ati: rwose ingabo zacu ziragahora ku isonga,ubu nzinkuye mu rwobo zinyeretse urukundo rurenze zatojwe na Nyakubahwa perezida wa Repubulika.
Umuyobozi w’akarere bwana HARELIMANA Frederic yashimiye ingabo z’igihugu kuba bazana imbaraga zabo mu iterambere ry’abaturage,abashimira ko nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu bakomeje no kukibohora ubukene bazana uruhare rwabo mu iterambere bijyana n’icyivugo cy’abaturage ba Rusizi kigira kiti : ubufatanye mu iterambere. Yakomeje na none asaba abaturage gukomeza kubungabunga ibikorwa nk’ibi baba bakorewe. Yibutsa urubyiruko kurebera no kuvoma ku butwari bw’ingabo z’igihugu nabo bagira umutima wo gukunda igihugu no bagaharanira iterambere ryacyo.