MU MURENGE WA GITAMBI HABEREYE INTEKO Y’ABATURAGE IDASANZWE

Nk'uko bisanzwe buri wa kabiri mu Karere ka Rusizi hakorwa  inteko z'abaturage aho abaturage bahurira hamwe bakaganira bakanakemura ibibazo bityo bagafata ingamba zo kwiteza imbere. 

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 09/09/2025 izi nteko zakozwe  mu karere hose. Ku rwego  rw'Akarere  Umuyobozi w'Akarere SINDAYIHEBA Phanuel hamwe na komite mpuzabikorwa y'urwego rw'ubutabera ku rwego rw'Akarere bifatanyije n'abaturage murenge wa Gitambi akagari ka Masheha. 

Muri iyi nteko hanakozwe ubukangurambaga bwo gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko aho abaturage bakanguriwe kwiyambaza inzego z’ubuhuza cyangwa abunzi bagakemura amakimbirane mu bwumvikane bitabaye ngombwa ko bajya gusiragira mu nkiko.  Iyi nteko yananyujijwe  kuri radio Rusizi iri kuba. 

Abaturage bahawe ibiganiro  bibashishikariza gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko ndetse no kwirinda amakimbirane mu miryango. Muri iyi nteko nk'uko bisanzwe hakiriwe kandi hakanakemurwa ibibazo by'abaturage. Abaturage  bashimishijwe cyane n'iyi gahunda yo Kwegera umuturage bashimira cyane leta y'u Rwanda ku miyoborere myiza ishyira umuturage ku isonga.

Back