RUSIZI, ABATURAGE BAMURIKIWE IBIBAKORERWA.

Iyi gahunda ni nziza cyane dusobanukiwe na byinshi kandi bizadufasha kurushaho kumenya ibikorwa ubuyobozi budukorere tumenye n’uko natwe twongera imbaraga mu byo dukora. Aya n’amagambo y’ibyishimo no kunyurwa umubyeyi MUKAMUNANA Xaverina yavuze kuri uyu wa kane tariki  ku wa 15 werurwe 2018 ku munsi wo ku murikirwa ibibakorerwa (Accountability day)aho yari yayitabiriye ku biro by’Akarere. Uyu munsi abaturage batuye imirenge yose igize Akarere ka Rusizi bagiye ku biro  by’imirenge aho bamurikiwe ibibakorerwa ndetse n’abandi bitabira ku cyicaro cy’Akarere aho bagarijwe ibakorerwa .  Mu byo baburikiwe abari bitabiriye bagaragarijwe aho imihigo Akarere kasinyanye na Nyakubahwe perezida wa repubulika igeze ishyirwa mu bikorwa maze nabo babona  umwanya wo kugaragaza ibyo bifuza ku bayobozi mu kurushaho kunoza imibereho yabo,n’icyakorwa kugira ngo  imihigo y’akarere irusheho kweswa. Abaturage babajije ibibazo bimwe na bimwe kandi bahabwa umurongo n’inzira zo kunyuramo. Mukankubito Theresie wo mu kagari ka Gacamahembe mu murenge wa Kamembe yagize ati”Nishimiye ko mpawe umurongo ku kibazo cy’isambu yacu ibaruye ku wundi muntu” ibi rwose ntibigira uko bisa biraduhugura ntituzongere kuyobagurika tutamenya inzira twanyuramo. Kungurana ibitekerezo byaberaga mu cyumba cy’inama cy’akarere birangiye,abaturage bakomereje aho buri shami cg ikigo byari byashyize icyicaro maze basobanurirwa byimbitse ibibakorerwa kandi banarushaho guhabwa umurongo  kuri serivisi zose zikorera ku karere ndetse n’abandi bafatanyabikorwa ba bugufi . Nyuma y’ibiganiro abari bitabiriye bemeranyijwe n’ubuyobozi ko igikorwa  cyo kumurikirwa ibibakorerwa (accountability day)  kizajya kiba rimwe mu gihembwe ,abaturage bakarushaho gusobanurirwa gahunda zibagenewe bakanarushaho kuzigira izabo.  Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yagize ati”Uyu ni umwanzuro mwiza wo kugaragariza abaturage ibibakorerwa buri gihembwe,kandi bizarushaho kuzamura ubufatanye mu iterambere .” Iki gikorwa kandi kikaba kidakuraho gahunda zisanzwe zo kwegera abaturage mu midugudu.
Back