RUSIZI: ABATURAGE BARAKATAJE MU KWISHAKAMO IBISUBIZO
Umudugudu wa Karushaririza ni umwe mu midugudu y’icyitegererezo iri mu karere ka Rusizi ukaba uherereye mu murenge wa Gihundwe ,wuzuyemo inzu nyinshi zigezweho kandi nziza zirushaho kugaragaza isura nziza y’akarere ka Rusizi nk’umwe mu mijyi 6 yunganira umujyi wa Kigali.
Mu gihe imihanda yo muri uyu mudugudu wahanzwe vuba itari imeze neza bikagora abahatuye kuhatahana imodoka zabo, bararebye basanga batagomba guharira ibibazo byabo leta gusa ,ahubwo babona bagomba kugira icyo bikorera maze leta ikaza kubunganira. Batangiye urugamba rwo kwishakamo ibisubizo maze bakusanya miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda agomba gutunganya ibirometero bisaga gato 5 by’iyi mihanda.
Usabimana William wayoboye ibikorwa by’ubukangurambaga kugira ngo ayo mafaranga aboneke yagize ati “Mbere y’uko leta idushyiriramo kaburimbo twasanze tutakomeza kurebera,twifashisha ubushobozi dufite tubanza gutsindagira”. Yongeraho kandi ko ari bo ubwabo bikurikiranira ikorwa ry’uyu muhanda ku buryo bemeza ko nta mpungenge bafite z’uko wazakorwa nabi
Ubuyobozi bw’akarere bwatanze urusekabuye(laterite) rwose ruzakoreshwa mu gutsindagira,rusonewe imisoro yose bikaba ari mu rwego rwo gushimangira ko igihe cyose abaturage bishyize hamwe nta we ushobora gusubiza imbaraga zabo inyuma.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihundwe Hategekimana Claver, avuga ko hari n’undi muhanda wa Badive-Cyunyu na wo uzakorwa muri ubu buryo akaba anashimira byimazeyo aba baturage bakomeje kwishakamo ibisubizo batya.