RUSIZI-MISS RWANDA KU KIRWA CYA NKOMBO YASABYE URUBYIRUKO GUKOMEZA GUHINDURA AHO BATUYE




Yakomereje mu muganda yahuriyemo n’urubyiruko,ingabo z’u Rwanda ndetse n’abaturage aho bubatse inzu y’ umuturage utishoboye ,Nyiragafaranga Furaha .Aha na ho byari ibyishimo haba ari kuri Furaha no kuri Nyampinga w’u Rwanda Lilianne.
Miss Rwanda 2018 yasabye urubyiruko rwa Nkombo gukora ibishoboka byose rugafatanya n’ababyeyi babo bagakomeza guhindura ubuzima kuri ik kirwa ariko na none agira umwihariko ku bakobwa abasaba kwitwararika bakirinda inda zitateganijwe
Yagize ati “Ntiwaba Nyampinga wiyandarika kuko iyo wiyambuye agaciro nta wundi wakaguha”
Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu Madamu Kankindi Leoncie yashimye Nyampinga w’u Rwanda kandi avuga ko bazakomeza gufatanya mu kwita ku baturage
Yagize ati “Turifuza ko tuzakomeza gufatanya na we mu bikorwa bitandukanye ndetse ukagirana igihango n’urubyiruko rw’i Rusizi”
Urubyiruko rwaho cyane cyane abakobwa bishimiye impanuro yabahaye zo kwihesha agaciro no gushyira umwete ku masomo
Nyampinga w’u Rwanda yageneye imiryango itishoboye 20 ubwisungane mu kwivuza mu rwego rwo gukomeza gushyigikira imibereho myiza yabo. Nyuma yo gusura Nkombo akaba azakomereza mu karere ka Musanze na Rubavu mu cyumweru gitaha.