RUSIZI,ABATURAGE BARISHIMIRA IBIKORWA BY’UMUGANDA





Nyuma yo gutunganya uyu muhanda ku bufatanye bw’abaturage, ubuyobozi bw’Akarere n’abafatanyabikorwa ba NPD uyu muhanda wabaye nyabagendwa ndetse abaturage bishimira ko uyu muhanda uri mu marembo y’igihugu wongeye kugaragaza isura nziza.
Umuturage MITIMA Theogene yagize ati: turashima leta y’ubumwe bw’abanyarwanda kubona abayobozi bacu baragiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa none tukaba twafatanyije gutunganya uyu muhanda. Ibi biratuma ubucuruzi bwambukiranya imipaka bukorerwa hano burushaho kurangwa n’isuku.
Umuyobozi w’akarere yibukije ko umuhanda ukomeza gufasha haba abaturage b’akarere ndetse n’abaturanyi bo mu gihugu cy’igituranyi baza guhahira mu isoko ryo ku mupaka. Yibukije nanone ko umuhanda uzashyirwamo kaburimbo mu ngengo y’imari ya 2019-2020 kuko n’ubundi umuhanda wongerera agaciro ibikorwa remezo byubatse aho. Akaba yasoje asaba abaturage n’abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka gukomeza kurangwa n’isuku mu byo bakora.