RUSIZI,HATANGIJWE ICYUMWERU CYA GIRINKA

Turashima leta y’ubumwe bw’abanyarwanda yo yashyizeho gahunda ya Girinka munyarwanda none ubu tukaba tuguwe neza, yaradufashije kwikura mu bukene no kugera ku byo tutari kuzabona. Aya magambo yavuzwe na Mukarutabana Josephine umuturage wo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ku wa 19 Mutarama 2018 ubwo hatangizwaga icyumweru ngaruka mwa cya Girinka. Abaturage bagaragazaga ibyishimo kandi bitabiriye ari benshi aho bamwe mu bari barorojwe bituye maze boroza abandi 19. Muri iyi gahunda intumwa y’ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworoz(iRAB) mu ntara y’iburengerazuba bwana HABIMANA Cyprien yashimiye abari barorojwe uko bafashe neza amatungo yabo maze asaba  abazituriwe  gukomeza kuzitaho  kugira ngo nabo baziture abandi kuko iba neza iye amaze kwitura. Yibukije kandi ko umaze kwitura agomba kwirinda kuzazimya igicaniro. Abituye bashimiwe bahabwa icyemezo cy’ishimwe ndetse n’umunyu wo guha izo basigaranye.Naho abazituriwe bahabwa ibyangombwa  birimo ipompo,umunyu n’umuti w’uburondwe byo kwita kuri izi nka mu mezi ya mbere. Abaturage barashima cyane iyi gahunda yatangijwe na Nyakubahwa perezida wa repubulika agamije imibereho myiza y’umunyarwanda. Iyi gahunda ikaba itanga umusaruro dore ko abaturage bayigize iyabo aho hari abaturage bagiye boroza bagenzi babo batishoboye hamaze korozwa imiryango 7183 binyuze mu korozanya korozanya bisanzwe, naho kuva iyi gahunda  ya Girinka yatangira hakaba hamaze korozwa imiryango 6084 . Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Bwana NSIGAYE Emmanuel wari umushyitsi mukuru yashimye uyu murenge ko wita neza kuri gahunda ya Girinka binyuze muri komite za girinka asaba abaturageborojwe kwita cyane ku nka baba borojwe  kigira ngo zikabavane mu bukene ntibatatire igihango maze nabo bakazitura boroza abandi. Yabasabye kwiga urugero rw’ahandi bakagira ubwisungane mu kwivuza bw’amatungo bizabafasha kuvuza inka zabo bidatinze .
Back