VISI PEREZIDA WA SENA YAFASHE MU MUGONGO ABATURAGE BA BWEYEYE





Hon HARERIMANA Fatou visi perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena wari umushyitsi mukuru yafashe mu mugongo abaturage b’umurenge wa Bweyeye asaba urubyiruko gukomeza kwamagana ikibi bakimakaza urukundo. Asaba abantu bakuru kudakomeza kubiba urwango mu bana kuko kuba ari ukubashyira mu ngengabitekerezo ya jenoside. Abasaba ko ayo mateka mabi babayemo bakomeza kuyaceceka bakazapfana nayo. Yagize ati :”tuzibuka twiyubaka nitubungabunga ibikorwa remezo ibikorwa remezo igihugu cyatugejejeho ……………," yasabye abakuru kugira umutima w’urukundo no kuwutoza abana mu gihe cyo kwibuka abana bakamenya abakecuru b’incike kuko nabo bari bafite abana. Asaba ko buri wese yakomeza kwimakaza ubunyarwanda umurongo igihugu cyahisemo. Yasoje asaba kwigisha abana amateka hatabaho kuyagoreka ahubwo babwira amateka nyayo ya jenoside yakorewe abatutsi.